Ntacyo mfite cyo kuvuga kuri Lick Lick- Paccy



Oda Paccy umuhanzi ukora injyana ya HipHop wanakunzwe cyane nk’umukobwa waje muri iyo njyana bwa mbere, nyuma y’aho hari hashize iminsi hatavugwa umubano usesuye hagati ye na LickLick, kuri ubu Paccy aratangaza ko nta cyo yifuza kumva cyerekeye ku wahoze ari umukunzi we, nyuma y’aho LickLick atangaje ko yumva amukumbuye.
Aganira na IGIHE.com Paccy yagize ati : ” LickLick simfite ikintu na kimwe namutangazaho, kuko we amvuga neza cyangwa nabi bitewe nuko yabyutse, niyo mpamvu rero numva ntashaka ikintu na kimwe kimwerekeyeho”.
Ibi bibaye nyuma y’aho Isaac Mbabazi uzwi cyane ku izina rya LickLick, aho ari muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, atangaje mu kiganiro Sunday Night ko yumva akumbuye Paccy.

JPEG - 131.4 ko
LickLick, Paccy n’umukobwa wabo.
Previous
Next Post »