Umuhanzi Israel Mbonyi yahumurije imitima y’umuryango we n’ubwoko bw’Imana mu gitaramo yakoreye muri Serena Hotel — AMAFOTO


Umuhanzi Israel Mbonyi yagaragaye bwa mbere aririmba indirimbo ze zitandukanye mu gitaramo kidasanzwa cyabereye muri Kigali Serena Hotel . Uyu mukozi w’Imana akoze igitaramo cye cya mbere yise ” Yesu uri number one ” kitabirwa n’imbaga y’abantu bavuye imihanda yose kandi bari mu byiciro byose by’imyaka .
Haba abahanzi batandukanye babashije kuririmba muri iki gitaramo ndetse n’abahawe amajambo , bose bagarutse ku kamaro k’indirimbo z’uyu muhanzi , bemeza ko zakoze umurimo ukomeye mu mitima yabo , batirengagije ko zabomoye inguma zo mu mitima bakabasha guca mu bihe bikomeye barimo , abandi nabo bakazumva nk’isengesho ridasanzwe m’ubuzima bwabo .
Nubwo ntawatunguwe nuko abantu bari kuza kuba benshi mur’iki gitaramo , benshi batunguwe no kubona hari ababuze aho bahagarika ibirenge , bityo abategura iki gitaramo babasaba ko bakwihangana bakazabasubiza amafaranga bishyuye kuko imyanya yari yabaye micye kandi amasaha yatangiye gukura .
Iki gitaramo twababwira ko kije imbere y’ibindi bitaramo byakozwe n’abahanzi b’indirimbo zihimbaza Imana mu Rwanda barimo umuhanzikazi Liliane Kabaganza , Patient Bizimana , Gaby Irene Kamanzi , Diane Nkusi , n’abandi batandukanye bujuje Serena Hotel bikomeye .
Mu ijambo rye , umushyitsi mukuru wanigishije ijambo ry’Imana , Intumwa ( Apotre ) Josua Masasu yagarutse k’ubuhanzi bwa Mbonyi , amusaba gukomeze gusenga cyane kandi amwizeza ko mu gihe azaba yubashye Imana atazigera asaza nkuko abandi bahanzi n’abakozi b’Imana bagarukiye mu nzira badasoje ikivi batangiye .
Intumwa y’Imana Josua Rene Masasu uyoboye Itorero Evangelical Restauration Church ku Isi , yanasabye abantu gukunda Imana bashize amanga , kuko uwayizeye akayikunda nayo imwiyereka kandi ikamuha umugisha wuzuye .
Mu mashusho mato yerekana urugendo rw’uyu muhanzi ( Filme Documantaire ) , Ababyeyi be batangaje ko kuva na cyera bifuzaga kuzagira abana bakorera Imana , ariko batifuzaga ko Israel Mbonyi ajya mu muziki mbere yuko ashyira ukwiga imbere . Nyuma ngo umubyeyi we nibwo yamuhaye uburenganzira bwo kujya kwiga gucuranga , ariko ngo we yifuzaga kumushimisha .
Nyuma y’igihe gito umubyeyi wa Mbonyi Bwana Shoshi yaje yaje kubona ko umwana we amaze gutera imbere , kandi akorera Imana . Kuri we ngo yatewe ishema n’ibyo umuhungu we amaze kugeraho , ariko atangaza ko icyazamubabaza ari uko umwana we yazareka gukorera Imana nk’umuririmbyi .
Muri iki gitaramo kandi hagaragayemo umubyeyi ukuze wakunze ibihangano by’uyu muhanzi , ahita anamusaba ko yazarongora umukobwa we , ariko kubw’amahirwe macye , uyu mubyeyi asanga umukobwa we aruta umuhanzi Israel Mbonyi . Uyu mubyeyi wabitangarije muri Kigali Serena Hotel yahise agura CD y’amafaranga ibihumbi magana abiri y’u Rwanda.
Muri rusange umuhanzi Israel Mbonyi yashimiye byimazeyo umuryango we , Itorero rye k’ubufasha ryamuhaye , uwamukoreye indirimbo bakiri mu Buhinde ( Producer Bruce ) , n’abandi .
REBA UKO IGITARAMO CY’UMUHANZI ISRAEL MBONYI CYAGENZE MU MAFOTO
Itsinda rya True Promises ryaririmbye indirimbo zo mu njyana y'Igisirimba
Itsinda rya True Promises ryaririmbye indirimbo zo mu njyana y’Igisirimba
Itsinda rya True Promises yamenyekanye ku ndirimbo Mana Urera
Itsinda rya True Promises yamenyekanye ku ndirimbo Mana Urera
3
Abantu bari benshi cyane
Abantu bari benshi cyane
Buri wese uko yafashwaga yahitaga abyerekana
Buri wese uko yafashwaga yahitaga abyerekana
Serena yari yuzuye abantu no hanze babuze aho bajya
Serena yari yuzuye abantu no hanze babuze aho bajya
7
Uwayoboye iki gitaramo
Uwayoboye iki gitaramo
9
Itsinda rya True Promises kuri stage
Itsinda rya True Promises kuri stage
11
Angela umufasha w'umunyamakuru Rukundo Fils yari yaje muriki gitaramo
Angela umufasha w’umunyamakuru Rukundo Fils yari yaje muriki gitaramo
13
Abafashaga umuhanzi Simon Kabera mu majwi
Abafashaga umuhanzi Simon Kabera mu majwi
15 16
Iyi ni Band yafashaga umuhanzikazi Liliane Kabaganza
Iyi ni Band yafashaga umuhanzikazi Liliane Kabaganza
Liliane Kabaganza yaririmbye indirimbo zirimo izo yamenyekaniyeho akiri muri Rehoboth Choir
Liliane Kabaganza yaririmbye indirimbo zirimo izo yamenyekaniyeho akiri muri Rehoboth Choir
Israel Mbonyi ageze kuri stage yabanje gushimira Imana
Israel Mbonyi ageze kuri stage yabanje gushimira Imana
Benshi bafashe amashusho y'indirimbo za Mbonyi Live bakoresheje Telefone zabo
Benshi bafashe amashusho y’indirimbo za Mbonyi Live bakoresheje Telefone zabo
Abantu bafashijwe n'indirimbo zitandukanye
Abantu bafashijwe n’indirimbo zitandukanye
Band yafashaga umuhanzi Israel Mbonyi
Band yafashaga umuhanzi Israel Mbonyi
Uyu mukobwa yari mu bihe bidasanzwe
Uyu mukobwa yari mu bihe bidasanzwe
Apotre Masasu aganira n'Apotre Appolinaire
Apotre Masasu aganira n’Apotre Appolinaire
Umufasha wa Apotre Masasu yishimye anifatira amashusho muri Telefone ye .
Umufasha wa Apotre Masasu yishimye anifatira amashusho muri Telefone ye .
Band ya Mbonyi yakoze ibishoboka byose ngo izi ndirimbo zumvikane neza
Band ya Mbonyi yakoze ibishoboka byose ngo izi ndirimbo zumvikane neza
Umuhanzi Patient Bizimana ari kumwe na Pasiteri Ruhimbya A.
Umuhanzi Patient Bizimana ari kumwe na Pasiteri Ruhimbya A.
Israel Mbonyi ari kumwe n'ababyeyi we mu mwuka
Israel Mbonyi ari kumwe n’ababyeyi we mu mwuka
Pasiteri Ruhimbya asengera umwigisha
Pasiteri Ruhimbya asengera umwigisha
Ababyeyi ba Mbonyi bari baje kumushyigikira
Ababyeyi ba Mbonyi bari baje kumushyigikira
31
Apotre Josua Masasu wigishije ijambo ry'Imana
Apotre Josua Masasu wigishije ijambo ry’Imana
Mbonyi yasengewe n'Intumwa y'Imana Masasu Rene Josua
Mbonyi yasengewe n’Intumwa y’Imana Masasu Rene Josua
Gaby yafashijwe n'indirimbo za Mbonyi
Gaby yafashijwe n’indirimbo za Mbonyi
37
Apotre Appolinaire yahamirije umuhanzi Israel Mbonyi kuzamuha ubufasha butandukanye
38
Uyu mubyeyi niwe wumvaga azaha umukobwa we Mbonyi Israel
35 36
Umuhanzi Serge Iyamuremye yari yaje kwifatanya n'umuhanzi Israel Mbonyi
Umuhanzi Serge Iyamuremye yari yaje kwifatanya n’umuhanzi Israel Mbonyi
Pasiteri Matabaro wareze Israel Mbonyi akiri umwana mu Itorero i Musanze
Pasiteri Matabaro wareze Israel Mbonyi akiri umwana mu Itorero i Musanze
Israel yaririmbye indirimbo nyinshi ariko ashyiraho umwihariko wo kuririmba indirimbo nshya yise " Sinzibagirwa "
Israel yaririmbye indirimbo nyinshi ariko ashyiraho umwihariko wo kuririmba indirimbo nshya yise ” Sinzibagirwa “
Iki gitaramo cyasojwe mu masaha akuze kigenda neza mu miririmbire . Ariko nta byera ngo de , kuko abari bashinzwe kwita ku bantu bitabiriye iki giterane ( Protocal ) batitaye ku bantu uko bikwiye , harimo Abakozi b’Imana ndetse n’abanyacyubahiro batandukanye .
Previous
Next Post »