Abimukira 44 bajyaga mu Burayi baguye mu Butayu




Abimukira babarirwa baturuka muri Afrika y'Uburengerazuba ngo bapfiriye mu butayu bwa Sahara nyuma yaho imodoka barimo ipfiriye nyuma bicwa n'inyota mu ntangiro z'iki cyumweru.
Abarokotse bashoboye kugera mu majyaruguru ya Niger, bavuga ko abimukira 44 baganjemo abo mu bihugu bya Ghana na Nigeria bishwe n'inyota.
Amakuru dukesha africatime avuga abo ko barimo baragerageza kujya i Burayi baciye mu gihugu cya Libiya.
Umuyobozi w’agace ka Agadez yemeje nawe mibare, avuga ko abakozi bo mu muryango Croix Rouge, bageze muri ako gace ngo bashake amakuru y’impamo.
Nkuko byatangajwe  n'umuyamakuru wo muri ako karere, abapfuye barimo impinja eshatu, abana bakuze babiri hamwe n'abagore 17. Urese aba kandi hari n'abandi bakunda kurohama mu nyanjya bagerageza kwambuka bimukira mu bihugu by'i Burayi.


Previous
Next Post »