Umukandida Dianne shima Rwigara ntiyemeranya n’abavuga ko batanga amafaranga ngo basinyirwe

Mu  kiganiro      komisiyo  y’igihugu   y’amatora  yagiranye n’abanyamakuru   perezida w’iyi komisiyo Prof  KALISA  MBANDA  yavuze ko abahisemo  kwiyamamaza  nk’abakandida  bigenga  batangiye  gusinyisha  imikono  yabashyigikiye igitekerezo  cyobo  cyo   kwiyamamaza   mu  matora  y’umukuru.
Gusa ariko  Prof  KALISA  MBANDA abatunga  agatoki  abashinja  ko   barikubikora  mu  buryo  bunyuranyije  n’amategeko   kubera ko   bari  gukoresha    amafaranga  muri  iki  gikorwa  cyo  gushaka imikono aho avuga ati « ubundi amabwiriza abasaba ko babikorera ahantu hazwi mu karere runaka aho kujya mu mashuli, mu isoko kwa muganga n’ahandi, ariko noneho ababafasha bazerera ahantu hose bashaka ababasinyira, kandi ku kibazo cy’amafaranga iyo bayatanze bifatwa nka ruswa, ibyo tugomba kubikurikirana ».


Dianne  SHIMA  Rwigara  umwe  muri  aba  bakandida bari  mu  bikorwa  byo  kwitegura  kwiyamamaza  mu  matora  y’umukuru  w’igihugu,  yayateye  utwatsi aya makuru  avuga  ko ari  ibihuha  bigamije  kubaca  intego aho yavuze ati «mbivugiye mu ruhame mvuga ko ntayo ntanga mbavuruza, hari ibintu byinshi byandikwa n’ibivugwa ibisebanya n’ibiharabika byinshi, ariko mbere y’uko ninjira muri iyi gahunda ko abantu duhanganye batoroshye »
Kuri ubu u  Rwanda  nta  mugore  numwe uraruyobora kuva rwabona ubwigenge ariko ngo ntabwo bizaca intege uyu mukobwa Dianne  shima  Rwigara usanzwe  atazwi  mu  bikorwa  bya  politike.


Previous
Next Post »