Abanyarwanda bajya gushora imari mu majyepfo y’Afurika baraburirwa kugaruka bataragwa mu bihombo
Kuri ubu hari abacuruzi benshi b’abanyarwanda
bimurira ibikorwa byayo by’ubucuruzi bwabo mu bihugu bitandukanye byo mu
magepfo ya Africa birimo Malawi na Zambia bavuga ko ibyo bihugu aribyo
biborohereza mu bucuruzi bwabo ngo kuko bifite imisoro iri hasi
ugereranije nu Rwanda. Komiseri mukuru w’ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’Amahoro Rwanda Revenue Authority
Gusa kuri ibi, Komiseri mukuru w’ikigo cy’igihugu cy’imisoro na
Amahoro Rwanda Revenue Authority Richard TUSABE asobanura ko abava mu
Rwanda bakajya gukorera hanze y’ U Rwanda, batajyanwa n’imisoro iri
hejuru, kuko ugereranije n’ibindi bihugu u Rwanda rufite imisoro iri
hasi, akavuga ko ahubwo bagenda kuko u Rwanda rwubahiriza amategeko
ndetse bikaba bitanoroshye kunyereza imisoro ati”u Rwanda ubu dugeze
kuri 31.3% niwo musoro dufite mu gihe muri bagenzi bacu bo muri aka
karere ngirango abafite menshi ashobora kuba ari Tanzania 42.6%, mu
by’ukuri iyo ugiye kureba umusoro kuri % turi hasi y’abandi bose, wenda
ibyo wavuga gitandukanye n’imikorere no kunoza ibyo amategeko avuga, aho
twebwe bigorana kunyura kuruhande niba uzanye containers 5, usorere 2
cyangwa 3”.
Richard
Tusabe kandi kuri iki kibazo asaba abagiye gukorera muri ibyo bihugu
byo mu majyepfo y’Africa kugaruka bataragwa mu gihombo ngo kuko hari
benshi bagiye bahomba kuko ibyo bihugu bajyamo bitavuganira abacuruzi
nk’ U Rwanda ati”niba hari abo uzi bagiye dufatanye tubagarure hano kuko
bazahura n’ibibazo, njyewe mfite abacuruzi bavuyeyo bagiye bagurishije
utuntu twabo hano, akagaruka adafite na tickets imugarura, kubera leta
itavugira abacuruzi itavugira abantu ugasanga umuntu ni nyamwigendaho
yagira ikibazo agahungabana”.
Nubwo
abacuruzi b’abanyarwanda bimurira ubucuruzi bwabo mu bihugu bihugu
cyane ibyo mu majyepfo ya Africa bavuga ko ariho biborohera gukora
ubucuruzi bwabo, Raporo ya Banki y’isi igaragaza uko ibihugu byorohereza
abantu mu ishoramari y’umwaka wa 2017 yashyize U Rwanda ku mwanya wa 2
mu ri Afrika nk’igihugu cyorohereza abantu gukora ishoramari.
This is dummy text. It is not meant to be read. Accordingly, it is difficult to figure out when to end it. But then, this is dummy text. It is not meant to be read. Period.
ConversionConversion EmoticonEmoticon