Mu myaka 5 ishize gahunda zo guteza imbere abaturage zagabanyutse ku gipimo cya 7.53%
Ati”Kugira uruhare mu ngengo y’imari no kugira uruhare mu igenamigambi no mu mihigo by’abaturage, ni uko inzego bireba zitabifata nk’ibintu by’abahanga, ibikorwa n’ibyabaturage bigomba gushyirwa ku rwego babyumva kandi bakabiganirizwa, hari abibwira ko bikomeye cyane, ukumva ko gutegura ingengo y’imari ari uko uzi imibare myinshi, ukumva ko gutegura ibikorwa by’akarere ari uko uba ukomeye cyane mu mutwe, ukumva ko uba ufite ibitekerezo biremereye, oya turibwira ko aho ngaho abantu bose bakeneye kubyumva kugira uruhare ntabwo bivuze gufata ibyemezo ariko ashobora gutanga ibitekerezo”.Minisitiri w’intebe Anastase MUREKEZI avuga ko kugira ngo ibi bipimo bizazamuke, basabwa guhindura imyumvire kuko batabihabwa nundi muntu ahubwo babyifitemo ubwabo.
Ati”Ukeneye guhindura imitekerereze, gutanga service nziza si ikintu dukeneye guhabwa, dufite ubushobozi bwo kubigerahao nitubishyiraho umutima”.
Mu nkingi umunani zakozweho ubushakashatsi inkingi ebyiri zirimo inkingi ijyanye no Kugenzura ruswa, gukorera mu mucyo no kubazwa inshingano n’ Inkingi y’Uburenganzira bw’Amashyaka no kwishyira ukizana nizo zagize amanita hejuru ya 80% mu gihe inkingi ijyanye n’imitangire ya service ariyo ya nyuma ifite amanita 72,93%
Yakozwe na Vestine UMURERWA
ConversionConversion EmoticonEmoticon