Zari agiye kongera kubyara mu gihe imfura itaruzuza umwaka
Tiffah Dangote yavutse kuwa 6 Kanama 2015, azuzuza umwaka w’amavuko kuwa Gatandatu w’iki cyumweru mu gihe habura amezi make ngo abone umugwa mu ntege.
Mu kiganiro Leo Tena gica kuri Clouds FM, Diamond Platnumz yeruye ko umugore we yiteguye kwibaruka undi mwana mu Kuboza 2016. Yagize ati ‘Nibyo, ni ukuri, nditegura kongera kwitwa umubyeyi.”
Ubwo Diamond yari mu kiganiro kuri Clouds FM avuga ku mwana agiye kwibaruka
Ati “Niteguye kwakira undi mwana Mama Tiffa agiye kumpa, ni umuhungu. Azabyara mu kwezi k’Ukuboza uyu mwaka. Nyuma y’aho sinzongera kubyara undi mwana…”
Zari agiye kwibaruka umwana wa gatanu kuko mbere yo gushakana na Diamond yari asanzwe afite abandi bana batatu yabyaranye n’abandi bagabo muri Uganda.
Diamond yavuze ko namara kubyara uwa kabiri azahita ahagarika urubyaro
ConversionConversion EmoticonEmoticon