Sauti Sol bimuriye igitaramo i Gikondo, bakeje Perezida Kagame bahamya ko ari uwa mbere muri Afrika

Nyuma yo kugera i Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, nk’uko byari biteganijwe abahanzi bagize itsinda rya Sauti Sol bitabiriye ikiganiro n’abanyamakuru, aho bagarutse birambuye kuri iki gitaramo cyabo, banatangaza andi mabanga yabo yihariye, aha akaba ari naho bakomoje ku mpamvu baririmbye Perezida Kagame mu ndirimbo yabo Nerea.
Amwe mu makuru mashya yavugiwe muri iki kiganiro n’abanyamakuru, ni ajyanye n’impinduka zaho igitaramo kizabera, dore ko byari byamamajwe ko kizabera muri Camp Kigali, gusa kuri ubu bikaba byamaze guhinduka kuko igitaramo cy’aba bahanzi kizabera i Gikondo muri Expo ground kuri uyu wa 17 Nzeri 2016.
Ni ikiganiro cyabereye i Remera kuri Legacy Hotel, ahagana saa tanu n’igice z’amanywa. Nyuma y’akanya gato iki kiganiro gitangiye, umwe mu bagize iri tsinda Bien-Aimé Baraza, yatunguye abitabiriye iki kiganiro n’abanyamakuru yivuga mu Kinyarwanda nyuma yo kubasuhuza ati “Muraho?”, akomeza agira ati “Nitwa…”

Sauti Sol in RwandaAha, abagize Sauti Sol bari bageze mu cyumba cyabereyemo ikiganiro n'itangazamakuru
Abanyamakuru babajije ibibazo bitandukanye itsinda rya Sout Sol, ndetse nabo bakabisubiza nta na kimwe baciye ku ruhande. Babajijwe aho bakuye igitekerezo cyo kuririmba Perezida w’u Rwanda Paul Kagame mu ndirimbo yabo Nerea, bahamiriza abanyamakuru ko ku bwabo ari we Perezida Afrika ifite ubu.
Z’imwe mu mpamvu batanze, aba basore bagenderaho bahamya ko Perezida Paul Kagame ari we wa mbere muri Afrika mu miyoborere myiza, bagize bati “ Abaturage barakeye, umujyi urakeye, gutangira ubucuruzi mu Rwanda biroroshye, umutekano, mbega ni Newyork ya Afrika. Ubu kuza hano ni indangamuntu gusa mu gihe ahandi ari passport”
Babajijwe impamvu Kigali ari umwe mu mijyi bahisemo muri ibi bitaramo(tour) byo kumurika album yabo, bose bahise baterera hejuru rimwe, bati “Kubera iki tutari kuza mu Rwanda? Igihugu cyanyu cyateye imbere, ni igihugu kibamo abantu bakunda umuziki. Kubera iki tutakorera mu gihugu gifite abakobwa beza? Ni iki cyatubuza gukorera mu gihugu kigize East Africa kandi ari wo muryango turimo natwe?”
Aba basore banabajijwe icyo bagenderaho kugira ngo bemerera gukorana indirimbo n’umuhanzi ubyifuza, maze bavuga ko nta kintu kihariye, ko umuhanzi ubishoboye wese wabegera bashobora gukora ikintu gikomeye.
Ku bijyanye no kuba bakurikirana umuziki wo mu Rwanda, Sauti Sol bavuze ko bazi umuzi wo mu Rwanda kandi harimo abahanzi bakomeye.
Amafoto ya Sauti Sol mu kiganiro n'abanyamakuru
Sauti Sol in RwandaBien-Aime wavuze ikinyarwanda, ubwo yasuhuzaga abanyamakuru n'abandi bari bateraniye muri iki cyumba
Sauti Sol in RwandaUhereye i bumoso ni Bruce Twagira(urimo gutegurira iri tsinda iki gitaramo), abagize Sauti sol, na Patricia Garuka wari uhagarariye Mutzig
Sauti Sol in RwandaAbanyamakuru bari babukereye
Sauti Sol in Rwanda

Previous
Next Post »