Yambuwe ikamba rya Miss Luxembourg nyuma y’iminsi icumi atowe
Miss Marine Toussaint yagizwe Nyampinga wa Luxembourg mu
birori bikomeye byabaye kuwa 28 Kanama 2016. Nyuma y’iminsi mike atowe
yashyize kuri Facebook amashusho amugaragaza ari mu cyumba aho yari mu
mwiherero na bagenzi be ibintu byafashwe nk’imyitwarire idahwitse kuri
Nyampinga uhagarariye igihugu.
Muri Mata, umukinnyi wa PSG witwa Serge Aurier na we yahawe akato mu bakinnyi bagenzi be nyuma y’uko yifashe video ari kumwe n’abakinnyi bagenzi be arangije ayashyira kuri Périscope. Yafatiwe ibihano bikomeye birimo kwimwa uburenganzira bwo kugera aho bakorera imyitozo n’ibindi bikarishye.
Marine Toussaint yari aherutse gutorerwa kuba Miss Luxembourg 2017, ubu yambuwe iri kamba kubera amashusho yashyize kuri Facebook akababaza abakobwa yahatanye na bo n’abategura irushanwa nk’uko 7FM ibitangaza.
Muri aya mashusho amara amasaha abiri, uyu mukobwa w’imyaka 19
ukomoka ahitwa Libramont yanenze cyane abategura Miss Luxembourg
n’irushanwa muri rusange ari nabyo byababaje cyane abaritegura kugeza
ubwo bafashe umwanzuro wo kumwambura inshingano.
Elisa Arnould w’imyaka 23 wabaye igisonga cya Mbere yahise agirwa
Nyampinga mu gihe Marine Morette w’imyaka 18 yahise aba igisonga cya
Mbere.
Muri Mata, umukinnyi wa PSG witwa Serge Aurier na we yahawe akato mu bakinnyi bagenzi be nyuma y’uko yifashe video ari kumwe n’abakinnyi bagenzi be arangije ayashyira kuri Périscope. Yafatiwe ibihano bikomeye birimo kwimwa uburenganzira bwo kugera aho bakorera imyitozo n’ibindi bikarishye.
Marine Toussaint yari aherutse gutorerwa kuba Miss Luxembourg 2017, ubu yambuwe iri kamba kubera amashusho yashyize kuri Facebook akababaza abakobwa yahatanye na bo n’abategura irushanwa nk’uko 7FM ibitangaza.
ConversionConversion EmoticonEmoticon