Miss Ruth ufungiye kwica umukunzi we yashyize avuga ikimuri ku mutima

Miss Ruth ufungiye kwica umukunzi we yashyize avuga ikimuri ku mutima
Inkuru ikomeje kuvugwa cyane mu gihugu cya Kenya, ni iy’umukobwa wambitswe ikamba rya Nyampinga uhiga abandi mu buranga mu bakobwa bafungiye ibyaha bitandukanye, uyu mukobwa akaba akurikiranyweho icyaha cyo kwica umukunzi we. Uyu mukobwa ariko, yatangaje uburyo yicuza, avuga ko iyo ibihe biba bishobora gusubira inyuma atakora ikosa nk’iri.
JPEG - 142.1 kb
Ruth Wanjiru Kamande w’imyaka 21 y’amavuko, niwe wambitswe ikamba rya Miss Lang’ata Women’s Prison, bisobanura ko ari umukobwa uhiga abandi mu bakobwa b’imfungwa zo muri gereza ya Lang’ata iri i Nairobi muri Kenya. Yari ahatanye n’abandi bakobwa 19 b’abagororwa muri iyi gereza, bose akaba yarabashije kubahiga. Uyu afungiwe muri iyi gereza guhera mu mwaka ushize, akaba akurikiranyweho icyaha cyo kwica umusore bakundanaga witwaga Farid Mohammed, ibi bikaba byarabereye i Nairobi muri Nzeri umwaka ushize.
JPEG - 138.4 kb
JPEG - 167.7 kb
JPEG -
JPEG - 133.8 kb
Uburanga bwa Miss Ruth Wanjiru Kamande, bwakomeje gutuma agarukwaho cyane mu bitangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga muri Kenya. Ikinyamakuru Nairobiwire, kivuga ko yatangaje ko yicuza icyaha yakoze, akavuga ko iyaba ibihe byashoboraga gusubira inyuma, atakongera gukora iki cyaha.
JPEG - 36.2 kb
JPEG - 21.2 kb
Aha yari kumwe n’uwo mukunzi we Farid Mohammed atarapfa
Miss Ruth Wanjiru Kamande avuga ko buri gihe haba hari uburyo bwiza bwo gukemura ikibazo, bitari nk’uko yabigenje akemera kwiyicira umukunzi we. Avuga ko iyaba ibihe byashoboraga gusubira inyuma, yakabaye ashaka uko ikibazo yari afitanye n’uyu musore bakundanaga gikemuka aho kumwica.
JPEG - 39.1 kb
JPEG - 68.6 kb
Uyu niwe musore wishwe na Miss Ruth Wanjiru Kamande
Previous
Next Post »