Chameleone yaraye yizihirije isabukuru muri Kigali ahita anagaragaza indi mpano afite muri muzika

muhanzi rurangiranwa w’umugande Dr Jose Chameleone wageze i Kigali ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki 29 Mata 2016, yahise ajya mubirori byo kwizihiza isabukuru ye y’amavuko aho yasangiye n’abafana umutsima yari yateguriwe, usibye ibyo kandi yanahise atangira kwereka abanyarwanda ko hari indi mpano afite muri muzika.
Ubwo yamaraga gukata umutsima Dr Jose Chameleone yahise yurira mu cyumba umuvangavanzi w’imiziki (Deejay)  akoreramo mu kabyiniro ka +250 atangira kuvangavanga imiziki, aba ashyize ku ruhande uwari usanzwe ari gukora aka kazi.
Nyuma y’iminota irenga 20 abantu bamushungereye baretse no kubyina bafotora  benshi banamufata amashusho , uyu mugabo yamanutse asubira mu byicaro bye, arinabwo yahitaga ava muri aka kabyiniro akajya kuruhuka cyane ko aribwo yarakigera mu Rwanda.

ChameleoneUmutsima wari wateguriwe Chmeleone ku munsi we w'amavuko
Muri ibi birori hamurikiwemo bwa mbere amashusho y’indirimbo “Agatako” Jose Chameleone yakoranye na Dj Pius, gusa ibirori nyabyo byo kumurika amashusho y’iyi ndirimbo bikaba biteganyijwe kuri uyu wa gatandatu tariki ya 30 Mata 2016 muri The Mirror Hotel.
Reba andi mafoto:

ChameleoneUbwo yakataga umutsima abantu bari bakubise buzuye hejuru ye kuburyo kubona aho upfumurira byari bigoye
ChameleoneJose Chameleone isabukuru ye y'amavuko yabereye i Kigali
ChameleoneYicaye aratuza atekereza ibimaze kumubaho
ChameleoneYahise ajya kuvangavanga  imiziki
ChameleoneChameleone
Abantu bari bashungereye bakubise buzuye
ChameleoneChameleoneKubyina byari byahagaze abantu bifatira amafoto
ChameleoneFarious AKA Big Fizzo nawe yitabiriye ibi birori
Chameleone
Umunyarwenya Nkusi Arthur yaryohewe n'ikirori
ChameleoneNyuma yo kwihera ijisho amashusho y'indirimbo "Agatako " Kid Gaju yaje guhobera Dj Pius wayikoranye na Chameleone amwifuriza ibyiza mu mwuga w'ubuhanzi
ChameleoneBahise bafatana n'agafoto k'urwibutso
Previous
Next Post »