Icyamamare Myko Ouma agiye gutaramira mu Rwanda
Ni igitaramo azahuriramo na Mani Martin wo mu Rwanda nk’uko ikinyamakuru Izuba Rirashe kibikesha iri tsinda rya Neptunez Band.
Myko Ouma ni umucuranzi wa gitari ukomoka muri Uganda, umaze kuzenguruka hafi Isi yose ajyanwe no gucurangira ibyamamare gitari no gukora ibitaramo bye bwite acurangira abantu zimwe mu ndirimbo zizwi akoresheje gitari gusa.
Imwe mu ndirimbo azwiho cyane ni iyitwa ‘Aye’ ya Davido acuranga yifashishije gitari.
Uretse iyi, Myko Ouma anazwi cyane mu ndirimbo nka ‘Stay With Me’ ya Irene Ntale, ‘Human Nature’ ya Michael Jackson, ‘Chop My Money’ ya P-Square, ‘Maria Maria’ ya Carlos Santana, ‘Kuku’ ya Radio na Weasel, ‘Ain’t Nobody’ ya Khadja Nin n’izindi z’abahanzi bazwi.
Kubera gucuranga gitari, Myko Ouma, amaze kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, muri Australia, mu Budage, mu Busuwusi, mu Buholandi, muri Afurika y’Epfo no mu bindi bihugu byinshi hirya no hino ku Isi.
Uyu mucuranzi yaherukaga kuza mu Rwanda azanye n’umuhanzi Maurice Kirya, mu bitaramo bya CHAN aho yamucurangiraga, gusa ntiyigaragaza ku giti cye.
ConversionConversion EmoticonEmoticon