Amafoto y’Abakuru b’ibihugu bamaze kugera i Kigali kwitabira inama ya AU
Perezida wa Tchad, Idriss Déby Itno uzayobora imirimo y'iyi nama na we yageze i Kigali nyuma ya saa sita (Ifoto/GovRw)
Abakuru
b’Ibihugu bya Afurika bakomeje kugera i Kigali aho baje kwitabira inama
y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ya 27 imaze iminsi itangiye mu
Rwanda.
Ku mugoroba wo kuwa Kane tariki 14 Nyakanga 2016 nibwo umukambwe
Robert Gabriel Mugabe uyobora Zimbabwe yabimburiye abandi bakuru
b’ibihugu gusesekara ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali i
Kanombe.
Perezida Mugabe ubwo yubahirizaga indirimbo y’igihugu ku kibuga cy’indege i Kanombe (Ifoto/GovRw)
Perezida Mugabe yakiriwe n’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu
cy’Iterambere (RDB), Francis Gatare nyuma abonana muri Kigali Convention
Centre na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise
Mushikiwabo.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Nyakanga nibwo Perezida
wa Liberia, Ellen Johnson Sirleaf na we yasesekaye ku kibuga cy’indege i
Kanombe aho yakiriwe na Minisitiri ushinzwe imirimo y’Umuryango wa
Afurika y’Iburasirazuba, Rugwabiza Valentine.
Perezida wa Liberia, Ellen Johnson Sirleaf yakiriwe na Minisitiri Rugwabiza Valentine (Ifoto/GovRw)
Abakuru b’Ibihugu bazagirana inama kuwa Gatandatu tariki 16 Nyakanga
muri Kigali Convention Centre, aho Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u
Rwanda Louise Mushikiwabo aherutse gutangaza ko abagera kuri 35 bemeye
kuzayitabira naho abandi bakazahagararirwa.
Perezida Mugabe yabonanye na Min. Mushikiwabo muri Kigali Convention Centre (Ifoto/GovRw)
Perezida wa Liberia, Ellen Johnson Sirleaf yubahiriza indirimbo y’igihugu cye (Ifoto/GovRw)
Benjamin Mkapa wahoze ayobora Tanzania akaba ari we wagizwe umuhuza
mu bibazo by’u Burundi na we yageze i Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa
Gatanu, aho yakiriwe na Minisitiri w’Umutekano, Sheikh Mussa Fadhil
Harelimana.
Mkapa azasobanurira Abakuru b’Ibihugu bya Afurika aho ikibazo cy’u Burundi kigeze (Ifoto/GovRw)
Perezida Jacob Zuma wa Afurika y’Epfo na we yageze mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu ahagana saa sita (Ifoto/GovRw)
Alpha Oumar Konaré wahoze ayobora Mali na we yageze i Kigali (Ifoto/GovRw)
Undi wageze i Kigali ahagana saa munani z’amanywa ni Visi Perezida wa Botswana, Mokgweetsi Eric Keabetswe Masisi.
Visi Perezida wa Botswana, Mokgweetsi Eric Keabetswe Masisi ageze i Kanombe (Ifoto/Internet)
Pierre Buyoya wahoze ayobora u Burundi na we yitabiriye iyi nama ya AU (Ifoto/GovRw)
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Ban Ki-moon na we yageze i Kigali (Ifoto/GovRw)
Minisitiri w’Intebe wungirije wa Lesotho, Mothetjoa Metsing yageze i Kigali (ifoto/GovRw)
This is dummy text. It is not meant to be read. Accordingly, it is difficult to figure out when to end it. But then, this is dummy text. It is not meant to be read. Period.
ConversionConversion EmoticonEmoticon