Fatuma Ndangiza yatowe mu badepite ba EALA


Fatuma Ndangiza yatorewe kuba umwe mu badepite bashya batorewe guhagararira u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba EALA.
Amatora yabaye kuri uyu wa gatanu  mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko yari yitabiriwe n’inteko itora yari igizwe n’abadepite n’abasenateri 93.
Nkuko bigaragara  mu batowe harimo abari basanzwe muri iyi Nteko ariko batari bagasoje manda yabo nka Martin Ngoga wagiyemo umwaka ushize na Oda Gasinzigwa. Harimo kandi Rwigema Pierre Celestin nawe wari usanzwe ari umudepite.
Mu bashya batorewe kwinjira muri iyi Nteko, harimo Bahati Alex wamugariye ku rugamba akaba ahagarariye icyiciro cy’abafite ubumuga ndetse na Uwumukiza Françoise usanzwe ayobora inama y’Igihugu y’Abagore n’uhagarariye urubyiruko Barimuyabo Jean Claude.
Previous
Next Post »