Minisiteri ishinzwe ibiza yatangaje
ko imyuzure idasanzwe yangije ibikorwa remezo ndetse ikanatuma bimwe mu bigo
by’amashuri bifungwa mu rwego rwo kwirinda impanuka ziturutse ku isenyuka
ry’inyubako z’amashuri.
Iyi myuzure yatewe
n’imvura idasanzwe imaze ibyumweru bibiri igwa muri Zanzibar ari nabyo byatumye
amashuri yose afungwa kuko amazi yari yatangiye kurengera amashuri bigahagarika
ibikorwa byose by’ayo mashuri.
Iyi mvura ngo yibasiye cyane ikirwa cya Unguja ari na cyo kinini muri Zanzibar n’ikirwa cya Pemba aho ngo yangije amazu, imihanda, amateme n’ibindi bikorwa remezo bitandukanye.
Iyi mvura ngo yibasiye cyane ikirwa cya Unguja ari na cyo kinini muri Zanzibar n’ikirwa cya Pemba aho ngo yangije amazu, imihanda, amateme n’ibindi bikorwa remezo bitandukanye.
Minisitiri Riziki yavuze
ko basanze nta wundi mwanzuro wafatwa uretse kuba bahagaritse amasomo
bakarindira ko ibintu bisubira mu murongo.
Abanyeshuri bitegura
gukora ikizamini cya Leta bo bashakiwe uburyo bwo gukomeza amasomo yabo mu
rwego rwo kubafasha kwitegura neza ibizamini bya Leta.
Muri Zanzibar habarurwa
abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bagera ku bihumbi 364,495.
ConversionConversion EmoticonEmoticon