Minisiteri y’Uburinganire
n’Iterambere ry’Umuryango(Migeprof), yatangaje ko mu 2016, abana b’abakobwa
bari hagati y’imyaka 16-19 bagera ku bihumbi 17500 batewe inda zitateguwe mu
mwaka ushize 2016.
Kuri uyu wa kabiri ubwo
Migeprof yagezaga kuri Komisiyo y’Ingengo y’Imari n’Umutungo wa Leta mu Nteko
Ishinga Amategeko, imbanzirizamushinga y’ingengo y’imari ikeneye mu mwaka wa
2017/2018, Minisitiri Nyirasafari Espérance yavuze ko ari umubare
uhangayikishije, hakaba hagiye gukazwa ingamba zizafatirwa abahohotera abana
ugasanga bata n’amashuri bakagira ubuzima bukomeye bo n’abana baba bavutse.
Bamwe mu badepite bavuze
ko gikwiye gufatirwa ingamba zikomeye kuko ntacyo leta yaba ikora mu gihe haba
hakomeje kwiyongera umubare w’abana batwara inda zitateguwe.
ConversionConversion EmoticonEmoticon