Umugore wa Jose Chameleone, Daniella yahagaritse ikirego yamuregagamo


Mu minsi yashize nibwo hamenyekanye amakuru yavugaga ko umugore w’umuhanzi wo muri Uganda Dr.Jose Chameleone Daniella Atim Mayanja, yagejeje ikirego mu rukiko rwa Uganda asaba gutandukana n’umugabo we amushinja kumutoteza, kumukorera iyicarubozo no gushaka kumuhitana.

Kuri ubu uyu mugore Daniella Atim Mayanja ufitanye abane 4 na Chameleone yahagaritse iki kirego nkuko bivugwa na chimpreports, akaba ari nyuma y’isabukuru y’umugabo we Dr.Jose Chameleone aho biyunze bagasangira n’abari bitabiriye ibi birori by’isabukuru y’amavuko.


Urukiko rwahagaritse ikirego cya Daniella nyuma y’uko yanditse abisaba ndetse agaragaza ko habaye kwiyunga hagati ye na Chameleone bemeranya ko bagiye gukomeza kubana mu mahoro. Mu bwumvikane bwabaye hagati ya Daniella Atim na Chameleone, umugore ngo yasabye uyu muhanzi kugabanya ibiyobyabwenge no kunywa inzoga nyinshi kuko ari zo zakururaga ibibazo mu rugo rwabo. Umucamanza w’urukiko rwa Nakawa witwa Elly Kataswa ngo yagize uruhare mu kunga impande zombi.
Previous
Next Post »