Asinah arasaba inzego zirwanya ihohoterwa gukurikirana Riderman bakundanaga

Asinah arasaba inzego zirwanya ihohoterwa gukurikirana Riderman bakundanaga
http://www.ukwezi.com/10/Asinaha-arasaba-inzego-zirwanya-ihohoterwa-gukurikirana-Riderman-bakundanaga
Asinah Mukasine, umuhanzikazi wamenyekanye cyane ubwo yakundana na Riderman bamaranye imyaka 8, arasabira uyu wahoze ari umukunzi we ko yafatirwa ibihano n’inzego za Leta zishinzwe kurengera abagore, azira kuba ashishikariza rubanda gukorera abari n’abategarugori ihohoterwa.
Nk’uko uyu mukobwa yabitangaje abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram, avuga ko yarebye amashusho y’indirimbo ya Riderman yitwa Get Out Of my Soul bamwe bandika mu mpine bakayita (G.O.O.M.S) akabona uyu muhanzi yarashyizemo ibishishikariza abagabo guhohotera abagore.

Asinah ati : "Uyu munsi hari video y’umuhanzi nyarwanda nabonye binyereka ko hari abagikangurira abandi guhohotera umwari n’umutegarugori. Ntabwo byari bikwiye nk’abahanzi kujya dukora video scripts nka ziriya (G.O.O.M.S) ya Riderman cyane ko tuzi ko bikunze kubaho mu gihugu cyacu aho usanga abana b’abakobwa cyangwa abagore bakubitwa bikomeye n’abobita abakunzi cyangwa abagabo babo."
JPEG - 182.9 ko
Nyuma yo gutandukana na Gatsinzi Emery uzwi nka Riderman, Asinah yahise yibera umuhanzikazi
Uyu mukobwa avuga ko inzego za Leta zishinzwe kurengera abagore no kurwanya ihohoterwa ribakorerwa zirimo Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF) n’impuzamiryango PROFEMME bakwiye gufatira ibihano iyi ndirimbo na Riderman n’izindi nkayo.
Previous
Next Post »