Impanga zarongowe n’umugabo umwe kandi ziryoherwa no kumusangira kivandimwe
Mu kiganiro bagiranye na televiziyo ya SABC, aba bagore b’imyaka 25 y’amavuko, basobanuye uburyo baryamana n’umugabo bafatanyije w’imyaka 50 y’amavuko, akajya abasangiza iminsi ararana nabo agenda abasimburanwaho buri wese mu cyumba cye.
Buri umwe muri aba bagore, ubu afite umwana w’umukobwa w’imyaka itatu, kandi bakaba batabana nk’abakeba ahubwo babana mu rukundo no mu munezero wa kivandimwe. Bavuga ko nta byo gufuhirana, cyane ko umugabo wabo azi kubafata kimwe uko abishoboye kose.
Uyu mugabo wabo ukuze kuburyo abakubye kabiri mu myaka, yahoze ari umwarimu wabo wabigishirizaga hamwe, aza kubakunda birangira bakoze ubukwe barabana. Umwe muri bo ati : "Yahoze ari umwarimu wacu, nyuma y’igihe kirekire tuza gukundana. Yatubwiye ko yadukunze twembi kuva kera, ariko ntabwo yari azi ko natwe twifuzaga gushaka umugabo umwe."
Ubwo uwo mugabo yajyaga kubasaba, abo mu muryango wabo ba hafi barabishyigikiye cyane kuko bari bamaze igihe kirekire bazi ko bifuza gushaka umugabo umwe, umuryango nawo ukaba warabifurizaga kubona umugabo ukuze uzabasha kubakunda kimwe no kubatetesha.http://ukwezi.com/13/Impanga-zarongowe-n-umugabo-umwe-kandi-ziryoherwa-no-kumusangira-kivandimwe
ConversionConversion EmoticonEmoticon