Kwambara utwenda tw’imbere gusa byamuritswe nk’imideli igezweho muri Kigali Fashion Week-AMAFOTO

Ku nshuro ya gatandatu mu Rwanda habereye imurikamideli rya Kigali Fashion Week,igikorwa ubona ko kimaze gutera imbere bijyanye n'uburyo kiba giteguyemo. Muri ibi birori byo kumurika imideli kwambara imyenda y’imbere gusa cyangwa imyenda yo kogana mu mazi byamuritswe nk’imideli igezweho.
Ibi byatunguye benshi mu ijoro ry'uyu wa gatanu tariki ya 24 Kamena 2016 mu gitaramo cya Kigali Fashion week cyabereye i Nyarutarama muri Century Park Hotel. Abakobwa bamurika imideli bahingutse ku rutambukiro batambuka bemye biyambariye imyenda ibagaragaza bambaye utwenda tw’imbere ndetse bamwe bambaye iyo kogana, mu gihe hano mu Rwanda iyo myambarire abantu batayivugaho rumwe kuko hari abayinenga ariko abandi bakavuga ko ari ibigezweho.
Kigali fashion weekAbantu benshi bari bitabiriye iki gikorwa
Akenshi iyo havuzwe iyi myambarire usanga abantu batabivugaho rumwe dore ko hari abahamya ko ari uburenganzira bw’umuntu kwambara uko ashatse, abandi bagahamya ko ntakwiyubaha no kwiyubahisha kuba kwabayeho iyo nk’umwali w’umunyarwandakazi wambaye imyenda imugaragaza uko ateye ndetse n’amatako yose yayashyize hanze.
Kigali fashion weekKigali fashion weekKigali fashion weekKigali fashion week
Benshi mu banyamidelikazi batambukaga bambaye imideli igaragaza utwenda tw'imbere cyangwa two kogana
Igitaramo cyo kumurika imideli cya Kigali Fashion Week kitabiriwe ku rwego rwo hejuru n’abafana batari bake bari baje kwihera ijisho. Usibye abafana hari n’abanyamideli barenga 60 baturutse mu bihugu 12 bari bambariye gushimisha amaso y’abanyarwanda bari bakereye kwihera ijisho imideli igezweho.
Kigali fashion weekKigali fashion weekKigali fashion week
Kigali Fashion Week yagaragje imyambaro nkiyi imbere y'abanyarwanda benshi bari baje kwihera ijisho
Bimwe mu bihugu byari bifite abanyamideli bitabiriye Kigali Fashion Week ni nk'abavuye mu bihugu bya Kenya, Uganda, u Burundi, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), Afurika y’Epfo, Sudani y’Amajyepfo, Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA), u Bubiligi, u Buyapani, u Buhindi n’ahandi.
REBA ANDI MAFOTO YARANZE IKI GIKORWA:
Kigali fashion weekKigali fashion weekKigali fashion weekKigali fashion weekKigali fashion week
Benshi mu banyamideli biganjemo abanyarwandakazi bigaragaje mu kumurika imideli
Kigali fashion weekKigali fashion weekKigali fashion weekKigali fashion weekKigali fashion weekKigali fashion weekKigali Fashion Week hamurikiwe imideli inyuranye
Kigali fashion weekKigali fashion weekKigali fashion week
Kigali fashion weekKigali fashion week
Abasore banyuranye bamuritse imideli igezweho y'abagabo
Kigali fashion weekKigali fashion weekKigali fashion week
Kigali fashion weekKigali fashion weekAbakobwa batambuka bamurika imideli
Kigali fashion weekKigali fashion weekAbasore n'inkumi bamurikaga imideli imbere y'imbaga y'abanyarwanda yari yitabiriyehttp://inyarwanda.com/articles/show/CultureNews/kwambara-utwenda-tw-imbere-gusa-byamuritswe-nk-imideli-igezw-69712.html

Previous
Next Post »