Queen Cha yateguye umunsi mukuru wahuje ibyamamare urangira nta muntu uvuze ijambo-Amafoto
Kuri uyu wa 11 Kamena 2016 umuhanzikazi Queen
Cha yateguye umunsi mukuru yizihizaho igihe yavukiye hagaragaramo abantu
batandukanye bafite aho bahuriye na muzika nyarwanda n’inshuti bwite
z’uyu muhanzikazi. Ibyo birori byaranzwe n'akanyamuneza n’umunezero ku
babyitabiriye, gusa birangira nta jambo rivugiwe aho.
Benshi mu batumiwe muri ibi birori bagiye bamenyeshwa ko bagiye
kwizihiza umunsi mukuru w’amavuko wa Queen Cha nyamara uko abantu
bageraga ahabereye ibi birori niko bakirwaga n'abari bashinzwe kubakira,
ibiganiro mu matsinda bigenda bihabwa umwanya. Uko ibiganiro byo mu
matsinda byahabwaga umwanya ni nako abakirwaga banyurwaga ndetse umunsi
uko ukura bamwe bakinyakura bagataha.
Hano Dennis uzwi mu ma filime ya hano mu Rwanda yari ahuye na Nina ubona ko bari bakumburanye
Byari ibirori byiganjemo icyo kunywa aha abantu baganiraga bica n'icyaka
![undefined queen Cha](https://lh3.googleusercontent.com/blogger_img_proxy/AEn0k_swEJLa3n9725VvsM8hioBKiT3qyNtfUWbk3CEbTMDXqNn3jpfmxT66GSGZsMOVd9rf6tRN9dwzdHgN-UkZWpA6utxQQZSwZ8cpSzBQEPD_A7hoFTDTOq8Gzziqplnx2asUv9eJ8QM=s0-d)
Nyuma yuko abantu benshi batashye ibirori byaje kurangira nta muntu uvuze ijambo ndetse na Queen Cha ubwe ntiyafata umwanya ngo atangaze icyatumye atumira abantu mu ruhame usibye ubutumwa yahaye buri umwe. Aganira na Inyarwanda.com Queen Cha we yahamije ko buri wese yatumiwe akamenyeshwa ko azaza gusangira ibyishimo n’uyu muhanzikazi bakishimira umunsi mukuru we w’amavuko rero ko ntaho byari guhurira n’amagambo.
Inshuti za hafi na Queen Cha zari zagerageje kwitabira ku bwinshi
![undefined queen Cha](https://lh3.googleusercontent.com/blogger_img_proxy/AEn0k_vx65uC0f_6GOq27YusqZBKHqb6O1ZZPccrAJTRhwC6t7NiuWWYJtKEyQX1BNiZqIiOvD4bOUwvmnTCRITQI7bVlPq2-H8n0g29VWPwYs2GkYCZtixT7JiuPtSTuHTtIQwNPhzqx5Sn=s0-d)
Dj wavangaga imiziki
Asobanura impamvu atigeze yishimira gukora ibi birori ku munsi nyirizina avukiraho ahubwo akarenzaho icyumweru cyose Queen Cha yahamije ko hari igihe umuntu aba ahuze ntibimushobokere gukora ibyo yifuza byose, gusa ashimira Imana ko nubwo yabashije kubikora kandi kubwe bikaba byagenze neza. Usibye gusobanura aka kantu Queen Cha kandi yashimiye abitabiriye ubutumire bwe.
Queen cha
Queen Cha na Platini( uyu wambaye umupira mu ijosi) wo mu itsinda rya Dream Boyz
Queen Cha na Dennis uzwi muri filime nyarwanda
Queen cha na Safi Madiba
Queen Cha ari hamwe na Charly na Nina
Queen Cha n'umuhanzikazi Asinah
Muri ibi birori hagaragaye bamwe mu bahanzi b'ibyamamare mu Rwanda barimo Safi wo muri Urban boyz, Platini wo mu itsinda rya Dream Boyz, Charly na Nina, Dennis umukinnyi wa filime nyarwanda,hari kandi umuhanzikazi Asinah n’abandi benshi batandukanye.
http://inyarwanda.com/articles/show/EntertainmentNews/queen-cha-yateguye-umunsi-mukuru-urangira-nta-muntu-uvuze-ij-69456.html
Nyuma yuko abantu benshi batashye ibirori byaje kurangira nta muntu uvuze ijambo ndetse na Queen Cha ubwe ntiyafata umwanya ngo atangaze icyatumye atumira abantu mu ruhame usibye ubutumwa yahaye buri umwe. Aganira na Inyarwanda.com Queen Cha we yahamije ko buri wese yatumiwe akamenyeshwa ko azaza gusangira ibyishimo n’uyu muhanzikazi bakishimira umunsi mukuru we w’amavuko rero ko ntaho byari guhurira n’amagambo.
Asobanura impamvu atigeze yishimira gukora ibi birori ku munsi nyirizina avukiraho ahubwo akarenzaho icyumweru cyose Queen Cha yahamije ko hari igihe umuntu aba ahuze ntibimushobokere gukora ibyo yifuza byose, gusa ashimira Imana ko nubwo yabashije kubikora kandi kubwe bikaba byagenze neza. Usibye gusobanura aka kantu Queen Cha kandi yashimiye abitabiriye ubutumire bwe.
Muri ibi birori hagaragaye bamwe mu bahanzi b'ibyamamare mu Rwanda barimo Safi wo muri Urban boyz, Platini wo mu itsinda rya Dream Boyz, Charly na Nina, Dennis umukinnyi wa filime nyarwanda,hari kandi umuhanzikazi Asinah n’abandi benshi batandukanye.
http://inyarwanda.com/articles/show/EntertainmentNews/queen-cha-yateguye-umunsi-mukuru-urangira-nta-muntu-uvuze-ij-69456.html
ConversionConversion EmoticonEmoticon