Myugariro w’ikipe y’igihugu Amavubi akaba
Kapiteni wayoboye bagenzi be mu ikipe ya Rayon sports Ndikumana Hamad
Katauti nyuma y’igihe atari mu gihugu yagiye kugaragara, aboneka ari mu
byishimo bikomeye n’umunyamakurukazi wa Contact fm.
Uyu mukinnyi wari umaze igihe ari mu gihugu cya Tanzania aho
yakurikirana amasomo k ubijyanye n’ubutoza yagarutse mu Rwanda kuri uyu
wa gatanu tariki 3 Kamena 2016 nk'uko amakuru Inyarwanda.com ifitiye
gihamya abivuga. Ubwo yagaragaraga mu ruhame yari ari mu byishimo
bikomeye n’umunyamakurukazi wa Contact fm ya hano mu Rwanda kumunsi
mukuru w’amavuko y’uyu munyamakurukazi.
Aline yageze ahabereye ibirori aherekejwe n'umunyamakurukazi w'inshuti ye Clarisse
Abantu banyuranye bari bitabiriye ibi birori
Mu ijoro ryo kuri uyu wa gatatu tariki ya 8 Kamena 2016 nibwo Aline umunyamakurukazi wa Contact Fm yari yizihije isabukuru y’amavuko, muri ibi birori Aline yateguriwe n’inshuti ye, yatunguwe n’inshuti ze zimwizihiriza uyu munsi mukuru we w’amavuko. Uyu mukobwa w’umunyamakurukazi ubwo yageraga ahabereye uyu munsi mukuru byatunguye abantu kuko yaje aherekejwe na Ndikumana Hamad Katauti.
Byari ibyishimo kuri Katauti na Aline kuri uyu munsi
Hano Aline na Katuti bifotozanyaga na Clarisse inshuti ya Aline
Bakihagera abari aho bahise batangira ibirori byabo gusa ubwo umunyamakuru wa Inyarwanda.com yageragezaga gukurikirana umubano wa Katauti na Aline byagaragaraga ko harimo akantu gusa ubwo aba bombi baganiraga n’umunyamakuru wacu bamuhakaniye ko nta rukundo rudasanzwe ruri hagati yabo.
Aba bombi bahamyaga ko ari inshuti zisanzwe, baziranye mu buzima busanzwe ko nta rukundo rurimo. Babajijwe ukuntu bazanye mu rwenya rwinshi bavugaga ko ari kimwe nuko bazanye n’uwitwa Clarisse umunyamakuru w’inshuti ya Aline nawe bazanye dore ko bari batatu igihe bageraga ahabereye ibirori.
Lil G yari yitabiriye ibi birori
Muyoboke Alex umujyanama wa Charly na Nina nawe yari mu bitabiriye ibi birori
Abanyamakuru bakorana na Aline kuri Contact Fm bafatanye ifoto na Aline arikumwe na Katauti
Usibye Katauti wagaragaye ahabereye ibi birori, hagaragaye kandi Lil G, Muyoboke Alex umujyanama w’abahanzikazi Charly na Nina kimwe na benshi mu banyamakuru ba hano mu Rwanda.http://inyarwanda.com/articles/show/EntertainmentNews/ndikumana-katauti-hamad-yagaragaye-mu-byishimo-bikomeye-n-um-69401.html
Mu ijoro ryo kuri uyu wa gatatu tariki ya 8 Kamena 2016 nibwo Aline umunyamakurukazi wa Contact Fm yari yizihije isabukuru y’amavuko, muri ibi birori Aline yateguriwe n’inshuti ye, yatunguwe n’inshuti ze zimwizihiriza uyu munsi mukuru we w’amavuko. Uyu mukobwa w’umunyamakurukazi ubwo yageraga ahabereye uyu munsi mukuru byatunguye abantu kuko yaje aherekejwe na Ndikumana Hamad Katauti.
Bakihagera abari aho bahise batangira ibirori byabo gusa ubwo umunyamakuru wa Inyarwanda.com yageragezaga gukurikirana umubano wa Katauti na Aline byagaragaraga ko harimo akantu gusa ubwo aba bombi baganiraga n’umunyamakuru wacu bamuhakaniye ko nta rukundo rudasanzwe ruri hagati yabo.
Aba bombi bahamyaga ko ari inshuti zisanzwe, baziranye mu buzima busanzwe ko nta rukundo rurimo. Babajijwe ukuntu bazanye mu rwenya rwinshi bavugaga ko ari kimwe nuko bazanye n’uwitwa Clarisse umunyamakuru w’inshuti ya Aline nawe bazanye dore ko bari batatu igihe bageraga ahabereye ibirori.
Usibye Katauti wagaragaye ahabereye ibi birori, hagaragaye kandi Lil G, Muyoboke Alex umujyanama w’abahanzikazi Charly na Nina kimwe na benshi mu banyamakuru ba hano mu Rwanda.http://inyarwanda.com/articles/show/EntertainmentNews/ndikumana-katauti-hamad-yagaragaye-mu-byishimo-bikomeye-n-um-69401.html
ConversionConversion EmoticonEmoticon