Abana 1 104 baracyari mu bigo byimpfubyi, bakeneye kurererwa mu miryango

Dr Diane Gashumba Minisitiri w’umuryango n’iterambere avuga ko bibabaje kuba abana 1 104 bakiri mu bigo by’impubyi, aba bana nabo ngo bakeneye kurererwa mu miryango aho babona uburere bukwiye Minisitiri akavuga ko nibura mu tugari 2 148 tw’u Rwanda urugo rumwe muri buri kagari rwakiriye umwana umwe aba bana bose barererwa mu miryango.
Minisitiri Dr Gashumba(wa gatatu uvuye ibumoso) yavuze ko buri munyarwanda akwiye kugira icyo akora aba bana barenga igihumbi bakava mu bigo by'impfubyi
Minisitiri Dr Gashumba(wa gatatu uvuye ibumoso) yavuze ko buri munyarwanda akwiye kugira icyo akora aba bana barenga igihumbi bakava mu bigo by’impfubyi
Minsitiri Dr Gashumba yavuze ibi kuri uyu wa gatandatu ubwo abahagarariye ibigo by’imfubyi, abahagarariye Komisiyo y’igihugu y’abana, UNICEF, n’abayobozi ku nzego zitandukanye batangizaga ubukangurambaga bwiswe Tubarere Mu Muryango(TMM) bugamije kongera kugabanya abana barererwa mu bigo by’impfubyi.
Kuri uyu munsi umwana witwa Diane Uwase w’imyaka 15 wavanywe mu kigo cy’impfubyi akaba arererwa mu muryango yatanze ubuhamya bw’uburyo abandi bagenzi be bakiri mu bigo by’impfubyi hari ikintu kinini babura kuko batari mu miryango.
Uwase avuga ko mu muryango umwana ahabonera umuhwitura, abamwitaho buri munsi mu myigire, abakurikirana imyigire ye n’ubuzima bwe.
Avuga ko umwana uri mu muryango aba yishimye kurusha kurererwa mu kigo kuko baba bagize aho babarizwa n’umuryango witwa uwe.
Uyu munsi bagaye cyane imiryango imwe yanga kurera abana igashaka nko kubohereza mu bigo by’impfubyi, bagaruka ku bana batahana na ba nyina ku bagabo bashatse abagabo bakaba babanga bityo aba bana bikaba ngombwa ko bajya mu bigo by’impfubyi.
Ubushakashatsi bwakozwe mu 2013 bwagaragaje ko mu Rwanda abana 3 325 bari mu bigo by’impubyi 70% muri bo bari bafite nibura umubyeyi umwe.
Gusa ngo ubu abana bari mu bigo by’impubyi baragabanutse cyane nubwo bwose hakiri abagera ku 1 104 bakiri mu bigo nk’ibi ahanyuranye mu Rwanda bakeneye imiryango ibakira bakarererwa mu miryango.
Minisitiri Dr Gashumba avuga ko Leta yifuza ko aba bana bose bagira imiryango ibakira, kandi ngo n’udashoboye kurera umwana mu rugo rwe akaba yafasha umuryango wamwakiriye kumurera.
Basabye kandi imiryango yakira abana kubitaho bikwiye, bakabarinda ihohoterwa, imirimo ikoreshwa abana, bakigishwa kandi bagahabwa urukundo nk’abandi ndetse bakajyanwa mu ishuri.
Ubu bukangurambaga bwo gusaba imiryango nyarwanda guhagurukira kwakira abana buzamara amezi atatu, abanyarwanda bose ngo bakwiye kumva ko abana bari mu bigo by’impubyi bakeneye kurererwa mu miryango maze bakagira icyo bakora.
Umwe mu bana barererwaga mu bigo by'impubyi aravuga ibyiza byo kurererwa mu muryango ku mwana n'icyo yungutse kuba afite umuryango ubu
Umwe mu bana barererwaga mu bigo by’impubyi aravuga ibyiza byo kurererwa mu muryango ku mwana n’icyo yungutse kuba afite umuryango ubu
Diane nawe wahoze mu kigo cy'impubyi asaba ko abana bajya mu miryango banakurikiranwa imibereho yabo n'uko imiryango ibafata
Diane nawe wahoze mu kigo cy’impubyi asaba ko abana bajya mu miryango banakurikiranwa imibereho yabo n’uko imiryango ibafata
Umwana uri mu kigo cy'impfubyi ngo ntabwo akeneye ibya mirenge, icyo ashaka ni umuryango
Umwana uri mu kigo cy’impfubyi ngo ntabwo akeneye ibya mirenge, icyo ashaka ni umuryango
Previous
Next Post »