Bahati wasubiye kuri waragi yongeye kugaragara mu bihe byiza n’uwahoze ari umukunzi we - AMAFOTO

Hari hashize iminsi havugwa urukundo rw’ibanga hagati ya Bahati n'uwahoze ari umukunzi we Sandrine nyamara bo bakabihakana dore ko bahamyaga ko kuva batandukana ntarundi rukundo bazagirana, ku mugoroba wo kuri uyu 15 Gicurasi 2016 nibwo aba bombi bafotorewe mu kabari bari mubihe byiza by’urukundo.
Sandra na Bahati batandukanye bamaranye imyaka ine ndetse baranatangiye imishinga y’ubukwe, gutandukana kwabo byari agahinda gakomeye kuri buri wese, aka gahinda ndetse n’igikomere k’umutima byatewe no gutandukana nibyo byatumye aba bombi badasiba mu itangazamakuru dore ko bahoraga bagaragaza ibimenyetso bica amarenga y’urukundo rushya.


just famillySandra yari yicaye aho Just Family yahawe ibyicaro
just familly
Kumva ubuhamya bw’ukuntu batandukanye Bahati yaramaze gufata irembo ni kimwe mu byatumaga abantu bamwumva bakumva ko gusubirana bigoye, gusa ku mugoroba wo kuri uyu 15 Gicurasi 2016 aba bombi bagaragaye bahuje urugwiro mu kabari kamwe ka hano mu mujyi wa Kigali nubwo ntawifuje guhishurira umunyamakuru wa Inyarwanda.com ko biyunze.
Gira website
just famillyByari ibyishimo kuri aba bombi bari bamaze igihe badacana uwaka mu rukundo
just famillyBahati ufite Warage mu ntoki yongeye guhura na Sandra bari bamaze igihe barashwanye agahita yiha Imana none ibyo yavuyemo byose yabisubiyemo
Sandra abajijwe n’umunyamakuru wacu yahise agira ati ” Naje kubafana nyine, erega mfana Just Family, nako ndi na manager wabo, ntabwo twiyunze di utibeshya ngo ubivuge ntabyo tugutumye.” Nyuma yo kumva Sandra, Bahati wo muri Just Family we yasabye umunyamakuru wa Inyarwanda.com kwandika ibyo yabonye we yanga kugira icyo abitangazaho. Ati ” Ese urashaka ko nkubwira iki ntanakimwe mbivugaho, icyakora wandike ibyo wabonye.”
Umunyamakuru wari uri mu gitaramo cya Just Family yiboneye n’amaso ye abahanzi bagize itsinda rya Just Family batahana na Sandra mu modoka imwe dore ko yari arikumwe na Bahati aho yajyaga hose.
bahati
Bahati warizwaga n'ibyaha bye
Sandra
Uyu mukobwa yakunze kuba iruhande rwa Bahati yaba mu gakiza no mu buryohe bw'isi, aha yari yaje kumushyigikira mu rusengero ubwo yamurikaga album ya gospel
Previous
Next Post »