Umutare Gaby yinjiranye umutima udiha muri Guma Guma


Umutare Gaby, umwe mu bahanzi icumi bahatanira irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star yagize ubwoba bukomeye mu gitaramo cya mbere cyabereye mu Mujyi wa Gicumbi ku bwo kutamenyera kuririmbira abantu ibihumbi.
Umutare yamenyekanye mu ndirimbo zirimo ‘Nkwegukane’, ‘Ntunkangure’, ‘Urangora’, ‘Ayo Bavuga’, ‘Mesa Kamwe’, ‘Ukunda nde’ n’izindi. Ni umwe mu bahanzi batatu bashya binjiye bwa mbere mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star.
Mu gitaramo cya mbere cya PGGSS cyabereye i Gicumbi yabanje kugira ubwoba abonye uburyo abafana buzuye stade. Yari inshuro ya mbere kwibona ahagaze imbere y’abantu barenga ibihumbi makumyabiri aririmba ari nacyo cyamubujije amahwemo mbere yo kujya ku rubyiniro gusa bagenzi be babimenyereye bamushyizemo akanyabugabo.
Yagize ati “Nkigera i Gicumbi nabanje kugira ubwoba bwinshi cyane gusa mu bahanzi turi kumwe mu irushanwa navuga ko hari abamfashije ntavuze amazina hano ariko ntibyari byoroshye. Ni ubwa mbere nari ngiye kuririmbira abantu bagera mu bihumbi mirongo itatu, byabanje kuntera ubwoba ariko biza kugabanuka.”
Yongeraho ati “Mu bahanzi turi kumwe mu irushanwa ubona ko harimo urukundo bitandukanye n’uko nabikekaga mbere. Nagize ubwoba bukomeye cyane nkigera mu irushanwa, numvaga ntazabishobora, numvaga nyine ari ibintu bindemereye cyane kubona imbaga y’abafana bangana kuriya, byanteye ubwoba numvaga bisa nk’aho ijuru ringwiriye ariko bakuru banjye bantera imbaraga mbona mvuyeyo amahoro.”
Mu byamugoye cyane mu gitaramo cya mbere cyabereye i Gicumbi, Umutare Gaby avuga ko yari afite umunaniro ukomeye ku bw’amajoro yari amaze iminsi arara ntaruhuke uko bikwiye.
Ati “Nari mfite umunaniro mwinshi mu buzima busanzwe kuko nari maze igihe ndara amajoro, ikindi cyangoye ni ubwoba nari mfite uwo munsi. Ninjiye muri stade ndeba uburyo abantu ari benshi umutima uransimbuka […] Ikindi ni ka kamenyero gake ariko byose byatangiye kujya ku murongo.”
Nubwo atibonamo ubushobozi bwo guhita atwara umwanya wa mbere muri PGGSS, Umutare Gaby avuga ko yifuza kuza mu ba mbere bazaba baritwaye neza. Yiha icyizere cyo kuzaza imbere ashingiye ku bushobozi afite mu miririmbire n’uko yitwara imbere y’abafana.
Previous
Next Post »