Nyuma y’igihe kinini Young Junior ari mu masomo yongeye kumvikana mu ndirimbo
Nyuma y’imyaka ikabakaba 4, umuhanzi Young
Junior ahugiye mu masomo ye, kuri ubu ari mu Rwanda aho yarangije
amasomo ye mu gihugu cy’u Buhinde, uyu musore akaba yongeye kumvikana mu
ndirimbo ya mbere 'Uri winner' afatanyije na Gitego babanaga mu gihugu
cy'Ubuhinde.
Young Junior aherutse gutangaza ko amaze amezi hafi atandatu agarutse i Kigali, ariko ko atari yarifuje guhita ajya mu itangazamakuru ataragira ibihangano bishya atunganya. Yagarutse mu Rwanda arangije icyiciro cya gatatu cya Kaminuza (Masters) mu bijyanye n’icungamutungo (Applied Economics).
Young Junior yamenyekanye ku ndirimbo nyinshi zirimo Ishyamba si ryeru, Arahebuje, Hello, Kure y’Imbibi, Rozalinda, Hitamo, Impozamarira n’izindi.
ConversionConversion EmoticonEmoticon