Kigali: Jya mu mujyi bagusuzume Diabetes, umutima n’amaso ku buntu
Dr Jeannine Condo umuyobozi w’ikigo cy’igihugu cy’ubuzima RBC avuga ko nk’umubyibuho ukabije mu Rwanda uri ku kigero cya 21% kandi ngo uko umubyibuho wiyongera niko ibyago byo kurwara umutima na diabetes nabyo byiyongera.
Dr Condo ari kumwe n’umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Amb Monique Mukaruliza nabo bagaragaye basuzumwa izi ndwara ubwo batangizaga ubu bukangurambaga, bashishikariza abanyarwanda kwitabira kwisuzumisha izi ndwara hakiri kare kuko ngo iyo zinabonetse kare usanga zishobora kuvurwa zigakira, ariko zaboneka zitinze kuzivuza bigahenda ndetse zikanica benshi.
Iki cyumweru bagiye gupima abantu ku buntu ngo bizafasha kumenya uko abatuye Kigali bahagaze kuri izi ndwara, ndetse binatume bamenya uko bafata ingamba mu buryo bwo gukangurira abantu kurushaho kuzirinda.
Dr Jeannine Condo avuga ko abanyarwanda bakwiye gutangira kwirinda izi ndwara bahagurukira gukora imyitozo ngororamubiri nibura iminota 15 cyangwa 30 buri munsi bikaba umuco ku buryo usiba iyi myitozo ukumva ko ari ikibazo gikomeye.
Dr Condo ati “Turasaba Abanyarwanda kwitabira kwipimisha izi ndwara no guhagurukira kuzirinda kuko ari indwara ubu zugarije isi.”
Ubu bukangurambaga bwatangiye uyu munsi, buzasozwa ku cyumweru tariki 29 Gicurasi kuva saa 7h30 za mugitondo kugera 12h mu rugendo ruzaturuka mu mugi wa Kigali kuri Car Free Zone rukagera kuri Stade Amahoro runyuze ku Kimihurura mu muhanda uzaba wahariwe gusa abakora uru rugendo.
Uyu munsi nabwo hakazabaho gusuzuma abantu benshi ku buntu no gutanga ubutumwa bugenewe kurwanya izi ndwara zitandura.
ConversionConversion EmoticonEmoticon