Ne_ Yo yageze mu gihugu cya Tanzania aho azahurira mu gitaramo na Diamond
Muri iri joro ryakeye, Ne-Yo yageze mu gihugu
cya Tanzania ku butumira bwa kompanyi y’itumanaho ya Vodacom aho
azaririmba ku rubyiniro rumwe na Diamond Platnumz usanzwe ari ambasaderi
wa Vodacom.
Akigera ku kibuga cy’indege Ne-Yo yari ategerejwe n’abafana
benshi gusa abamucungira umutekano banze ko avugana n’abafana bavuga ko
akeneye kuruhuka nyuma y’urugendo yari avuyemo, gusa yaje kumanura
ikirahure cy’imodoka yagombaga kumujyana muri Hotel aruhukiramo apepera
abari aho ndetse avuga ko yishimiye kugera mu gihugu cya Tanzania no
kuzaririmbana na Diamond.
![undefined abakobwa](https://lh3.googleusercontent.com/blogger_img_proxy/AEn0k_sCLsnMLb61-bwnYvU2cgw_yzZllsbx2DOitZnN23g941eBO7803heWI3yCMR-d05mNvD2iDU51aTIGw4VrjI4qP-eUdh1EsCoT-6x0Wo0KbwwWHyxlFdxYBguzokO2MI3hQGDwknHhobX4=s0-d)
Aba ni abari bamutegereje ku kibuga cy'indege
Nyuma yo kuva ku kibuga cy’indege yerekeje mu birori bya Meet and Greet byabereye mu kabyiniro ka Club Rouge muri hoteli ya Hyatt Regency mu mujyi wa Dar Es Salaam. Ne-Yo wari urinzwe bikomeye yasuhuzanyije n’abayobozi ba Vodacom na Coca Cola ndetse n’abafana bari aho. Kuri uyu wa gatandatu nibwo Ne-Yo afatanije na Diamond n’abandi bahanzi batandukanye bazataramira mu mugi wa Mwanza.
![undefined imodoka Ne Yo yagenzemo](https://lh3.googleusercontent.com/blogger_img_proxy/AEn0k_tA1tVwjestwgLUMk5FOXngXhqgYFUD0-HJeDNlN1q_W2eQBJtGBGJ-Z-DFyUTGybcvb6wh3Yl3alYnEeCd9pwyOetTY9L3jsvE_qam15rJOsb6Q7I-9TYbmR_d5sIpH4DLDabNU-hOkvIe=s0-d)
iyi niyo modoka yamuvanye ku kibuga cy'indege
Abafana baje kwakira Ne-Yo yaba ku kibuga cy’indege ndetse no muri Meet and Greet bari biganjemo ab’igitsina gore ndetse n’abanyamakuru batandukanye bo muri Tanzania.
Reba amafoto y'uko byari byifashe
![undefined abakobwa](https://lh3.googleusercontent.com/blogger_img_proxy/AEn0k_vPqvqJZXA-Q6793CiKWs8tzlw4EwWL0AhACr9TQrXpTtzGFevs8RupU5G1F_hnJi6men6gcp5x_5NjEMHSHOHjv-KlbivqjQduCgRphtklDjaOi3UqqwzYQFhdRIjQzZY=s0-d)
Aha ni muri Meet and Greet
![undefined Ne Yo](https://lh3.googleusercontent.com/blogger_img_proxy/AEn0k_uzQs0hgAWn94TpP89lBQ4dxvZIDDXDLKN81SQUJjslNV3yZz27W33oOZ01BOACZndnY4trYBsvNPH3fZiJHUt5ui5hHStu6L_TL3Vx6dy7wDJfVYRsZvS_KeRhx0FFvmREWEu5ErnDQM7j=s0-d)
Ne- Yo ni uwo w'umupira w'umukara w'ingofero
![undefined abanyamakuru](https://lh3.googleusercontent.com/blogger_img_proxy/AEn0k_vLA-Wh6n-BJjBdU708-nbpOCjPZy9VBIivVAXZErKdSHLZoHkJrBG06mfIY5S1KnAk4EVSloUzZIsMeh5uctJ7nLX1paIkGJNZSowjzMrD1zRMLrirKFlrZQpqSj14L2m2Ag0wHv4CFn_W=s0-d)
abanyamakuru bari babukereye
![undefined abakobwa](https://lh3.googleusercontent.com/blogger_img_proxy/AEn0k_vCVK0Ktej4H4jb1ad8prhBfbL7QiZ-lylB5ThjI0i83tye9r4J0tEnTmdjK1MMhSdVOAkpKluIcL-eJ58vzQwzA1gafAo7ZE-IxZV6EN3RwAY9X46Q2znpn8g6RecRtw=s0-d)
Abakobwa bitabiriye Meet and Greet ku bwinshihttp://inyarwanda.com/articles/show/EntertainmentNews/ne-69008.html
Aba ni abari bamutegereje ku kibuga cy'indege
Nyuma yo kuva ku kibuga cy’indege yerekeje mu birori bya Meet and Greet byabereye mu kabyiniro ka Club Rouge muri hoteli ya Hyatt Regency mu mujyi wa Dar Es Salaam. Ne-Yo wari urinzwe bikomeye yasuhuzanyije n’abayobozi ba Vodacom na Coca Cola ndetse n’abafana bari aho. Kuri uyu wa gatandatu nibwo Ne-Yo afatanije na Diamond n’abandi bahanzi batandukanye bazataramira mu mugi wa Mwanza.
Abafana baje kwakira Ne-Yo yaba ku kibuga cy’indege ndetse no muri Meet and Greet bari biganjemo ab’igitsina gore ndetse n’abanyamakuru batandukanye bo muri Tanzania.
Reba amafoto y'uko byari byifashe
Aha ni muri Meet and Greet
Ne- Yo ni uwo w'umupira w'umukara w'ingofero
abanyamakuru bari babukereye
Abakobwa bitabiriye Meet and Greet ku bwinshihttp://inyarwanda.com/articles/show/EntertainmentNews/ne-69008.html
ConversionConversion EmoticonEmoticon