Mama Africa ku nshuro ye ya mbere yerekanye impano afite mugukora imideli -AMAFOTO

Mu mugoroba wo kuri iki cyumweru nibwo Nirere Nana bita Mama Africa yashyize ku mugaragaro igikorwa amaze iminsi ategura cyo kumurika imideli, igikorwa cyabereye mu nyubako ya Top Tower ku Kacyiru aho kwinjira byari ibihumbi bitanu by’amafaranga y’u Rwanda.Igitaramo cyasize cyerekanye impano nshya y’uyu mukobwa
Ku isaa mbiri n’iminota 51 z’umugoroba (20:51’) nibwo agace ka mbere ko kumurika imideli katangiye ,dore ko iyi mideli yari yiganjemo uburyo bw’imyenda idoze mu buryo bunoze haba ku bahungu ndetse n’abakobwa.Inkumi  n’abasore banyuraga imbere y’abitabiriye iki gitaramo batambuka mu buryo batojwe na Mama Africa.
Muri iki gitaramo byagaragaye ko abantu bishimiye iki gikorwa kuko wabonaga batewe amatsiko yo kwitegereza iyo myenda yari idoze mu buryo bugezweho dore ko byari byemewe no kuba wahita ufata icyemezo ukaba wawugura byihuse nyuma yo kuwushima.

Mama Africa, ni ku nshuro ye ya mbere amurika imideli ku giti cye nyuma yaho yatangarije Inyarwanda.com ko ubwo yabitangiraga ku myaka 16 kugeza mu minsi ishize yabikoraga akorera abandi (Umukozi). Akaba avuga ko yafashe umwanzuro wo kwikorera ku giti cye kuko ngo yumva ko abishoboye kandi abikunze.
Reba andi mafoto:
mama afrikaImyenda inyuranye ya Mama Afurika yamuritswe


mama afrikamama afrikaImbere y'abitabiriye umunyamideri amurika umuderi wa Mama Afurika
mama afrikamama afrikamama afrikamama afrikaHamurikiwe imideri inyuranye itunganywa na Mama Afurika
mama afrika
Previous
Next Post »