Uwa gatanu w’amasengesho abyarira benshi kwihana ibyaha , Imana igakora ibitangaza mu Itorero Patmos of Faith uratangiye / Kurikirana aya masengesho LIVE .

Nkuko bisanzwe , buri wa gatanu ibyishimo.com tubagezaho uko amasengesho yo kubohoka no gukira indwara abera mu Itorero Patmos of Faith Church agenda k’urubuga rwacu ibyishimo.com mu ishami ryandika mu kinyarwanda .
Aya masengesho amaze gukiriramo abantu benshi nkuko mubikurikirana mu buhamya butangwa n’abantu Imana yayakirijemo , atangira kuva saa kumi nimwe zuzuye , agasozwa saa mbiri n’igice z’ijoro.
Itorero Patmos of Faith rikorera mu karere ka Nyarugenge , mu murenge wa Muhima ahazwi nka Yamaha .
17:00 : Amateraniro yiswe uwa gatanu w’Ibitangaza ” Vandredi de Miracle ” aratangiye mu Itorero Patmos of Faith . Uyu mwanya utangijwe no kuramya no guhimbaza Imana mu ndirimbo nyinshi zitandukanye zirimo ” Amfitiye byinshi ” ,Tambira Jehovah , Nta wundi wasa na Yesu , n’izindi zitandukanye zirimo iz’abahanzi bo mu Rwanda ndetse n’izo mu gitabo .
Iteraniro rigari
Iteraniro rigari
IMG_5780 IMG_5781 IMG_5782
Umukozi w'Imana imbere y'Iteraniro
Umukozi w’Imana imbere y’Iteraniro
IMG_5808 IMG_5810 IMG_5816
Umuramyi Aline ati :” Kugirango uneshe urugamba n’ibibazo ufite , ntago bisaba kugenda ibitinya ahubwo ubanza kugenda ubibwira imbaraga z’Imana yawe . Bityo nabyo bigatinya Imana yawe , noneho ugatangira kuyimbyinira , ukayitambira , ibibazo bigahunga kandi bikaguhunga .”
18:29 : Indirimbo igira iti :” Uri Imana ikomeye , ihambaye ( x2 ) , Ibyo byose nta cyaguhindura , uzahora uri Imana . Ndabihamya ko uri Imana , ibyo ukora byose Mwami birabyemeza .”
IMG_5627
Umuramyi Aline avuze amagambo akomeye akwiye abafite umutima utentebutse
IMG_5615
Patmos of Faith Worship Team iri kuramya no guhimbaza mu ndirimbo zitandukanye
IMG_5625
Abacuranzi bayobowe n’umuramyi Nelson Mucyo uri gucuranga Piano
IMG_5636
Umwuka wera ari gutuma benshi bafata umwanya wo gutekereza ku mirimo y’Imana .
IMG_5641
Imana imaze gukura abahinde mu gusenga ibigirwamana bakaza gusenga Imana ya Isiraheli , Imana yaremye isi n’Ijuru , Imana ya Abarahamu , Isaka na Yakobo
IMG_5650
Umuramyi Simeon
IMG_5633 IMG_5635 IMG_5642
Yesaya 20:3 – 4 Maze Uwiteka aravuga ati “ Nk’uko umugaragu wanjye Yesaya amaze imyaka itatu yambaye ubusa, adakwese inkweto, akabera Egiputa na Etiyopiya ikimenyetso n’igitangaza, ni ko umwami wa Ashuri azajyana imbohe z’Abanyegiputa n’ibicibwa bya Etiyopiya, abato n’abakuru. Bazagenda bambaye ubusa, badakwese inkweto n’amatako yabo nta cyo yambaye, kugira ngo bikoze Egiputa isoni.
IMG_5646 IMG_5648 IMG_5651
Itorero Patmos of Faith rifite ikiganiro gitambuka kuri Radio Umucyo 102.8 buri wa gatatu kuva saa saba z’amanywa ( 13:00 Pm )  ndetse no ku wa gatandatu saa tatu z’ijoro ( 21:00 Pm ).
Umuramyi Nelson Mucyo
Umuramyi Nelson Mucyo
IMG_5632
Worship Team y'Itorero Patmos of Faith
Worship Team y’Itorero Patmos of Faith
16:54 : Umwanya mwiza wo kwakira umukozi w’Imana Rev. Pasiteri Jean Bosco Nsabimana urageze . Ageze k’uruhimbi abanza gusenga Imana maze asaba abakristu gusuhuzanya bakongera guhana ikaze ati :” Mana ishobora byose , ndagushimiye ko uyu munsi ugiye gukora ibo ntibwiraga . Uyu munsi unkorere igitangaza , kigiye gutuma ba bandi bamenya ko uri Imana ishobora byose .”
Rev. Pasiteri Jean Bosco Nsabimana akomeje ati :” Uyu ni umugoroba Imana igomba gukorana nanjye kandi abantu bapinga ibyo Imana ikora bakabyemezwa nuko Imana yakoze ibitangaza , abarwayi bagakira indwara , abadayimoni bakava mu bwoko bw’Imana kandi buri wese akamenya neza ko Yesu akiriho .
19:01 : Umukozi w’Imana asomye ijambo ry’Imana ryanditse mu gitabo cy’ibyanditswe byera mu Abaheburayo 11:1 na 6 hagira hati :” Kwizera ni ukumenya rwose ibyiringirwa udashidikanya ko bitazaba, kandi ni ko kuduhamiriza ibyo tutareba ko ari iby’ukuri.” na 6 hagira hati :” Ariko utizera ntibishoboka ko ayinezeza, kuko uwegera Imana akwiriye kwizera yuko iriho, ikagororera abayishaka.”
Amakosa abantu bakora nuko bizera macuri , bakizera ibintu bihabanye nibyo ijambo ry’Imana rivuga kandi Imana ihari . Abizera nyabingi , abapfumu , imbaraga z’abadayimoni , ibishushanyo , ba so wanyu , ba nyoko banyu , abavandimwe , ababyeyi ko bazagukorera ibintu bitandukanye ukabisimbuza Imana , uba ukoze icyaha . Izere Imana yawe kuko niyo iruta byose kandi igasubiza.”
Umwanya wo gusenga Imana
Umwanya wo gusenga Imana
Abakecuru rukukuri barakorera Imana
Abakecuru rukukuri barakorera Imana
IMG_5673
Kuramya byo mu mutima bigirira umumaro ubikoze
Kuramya byo mu mutima bigirira umumaro ubikoze
IMG_5681 IMG_5682 IMG_5694 IMG_5700 IMG_5701
Uyu mubyeyi yazanye umwana we ngo Imana imukize
Uyu mubyeyi yazanye umwana we ngo Imana imukize
Pastor Fidele niwe muyobozi wa Gahunda
Pastor Fidele niwe muyobozi wa Gahunda
Rev. Pasiteri Jean Bosco Nsabimana ageze mu Iteraniro
Rev. Pasiteri Jean Bosco Nsabimana ageze mu Iteraniro
Igice kimwe cy'iteraniro
Igice kimwe cy’iteraniro
IMG_5735
Umukozi w’Imana Rev. Pasiteri Jean Bosco Nsabimana umushumba mukuru w’Itorero Patmos of Faith mu Rwanda
Umukozi w'Imana ari kwigisha ijambo rishingiye ku kwizera
Umukozi w’Imana ari kwigisha ijambo rishingiye ku kwizera
IMG_5744
Iteraniro rikomeje kugenda neza.
Iteraniro rikomeje kugenda neza.
Kwizera  niko kwatumye Abrahamu yemera gutamba umwana we isaka , kubera kumva ijwi ry’Imana . Zirikana neza ko iyi mana twemeye ariyo kwizerwa . Iyo mana niyo twizera mu byiciro bine bitandukanye aribyo :
♥ Kwizera gukuraho imisozi .
Yesaya 1: 16 – 26 : Abahugurira guhindukirira Uwiteka ngo bababarirwe
“Nimwiyuhagire mwiboneze, mukureho ibyaha byo mu mirimo yanyu bive imbere yanjye, mureke gukora nabi. Mwige gukora neza, mushake imanza zitabera, murenganure abarengana, mucire impfubyi urubanza, muburanire abapfakazi.
“Nimuze tujye inama”, ni ko Uwiteka avuga, “Naho ibyaha byanyu byatukura nk’umuhemba birahinduka umweru bise na shelegi, naho byatukura tukutuku birahinduka nk’ubwoya bw’intama bwera.
Nimwemera mukumvira muzarya ibyiza byo mu gihugu. Ariko nimwanga mukagoma inkota izabarya”, kuko akanwa k’Uwiteka ari ko kabivuze. Dore ye, umurwa wiringirwaga uhindutse maraya, ahuzuraga imanza zitabera hakababwamo no gukiranuka, none hasigaye ari ah’abicanyi.
Ifeza zawe zihindutse inkamba, vino zawe zibaye umufungure. Abatware bawe ni abagome n’incuti z’abajura, umuntu wese muri bo akunda kugurirwa kandi akurikira impongano, ntibacira impfubyi imanza kandi imanza z’abapfakazi ntizibageraho.
Ni cyo gituma Uwiteka Nyiringabo, Umunyambaraga wa Isirayeli avuga ati “Yewe, nziruhutsa ntuye abanzi banjye kandi n’ababisha banjye nzabahōra.
Nzagushyiraho ukuboko ngukuremo rwose inkamba zawe, nkumaremo icyuma cy’ibati. Nzagarura abacamanza bawe n’abajyanama bawe nk’ubwa mbere, hanyuma uzitwa umudugudu ukiranuka, umurwa wiringirwa.”
IMG_5830 IMG_5831 IMG_5832 IMG_5833 IMG_5838 IMG_5839 IMG_5850 IMG_5852 IMG_5856 IMG_5858 IMG_5882 IMG_5883 IMG_5887 IMG_5892 IMG_5893 IMG_5894 IMG_5895
20:15 : Umwanya wo gusengera abantu batandukanye urageze . Imana itangiye kubohora umubyeyi wavuye i Nyanza warozwe  babinyujije mu ihembe kandi akajya arya amakara . Ubu ni muzima kandi aratera Haleluya .
Uyu mubyeyi yararozwe
Uyu mubyeyi yararozwe
Imana imaze kumukiza none asuhuje umukozi w'Imana Rev . Pasiteri Bosco
Previous
Next Post »